Agasaro
Podcast
Kabila avuga ko atari akwiye gufatirwa ibihano; Wazalendo bati: “Leta yadutabye mu nama”.
0:00
-29:59

Kabila avuga ko atari akwiye gufatirwa ibihano; Wazalendo bati: “Leta yadutabye mu nama”.

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, Joseph Kabila, yasabye urukiko rw’i Washington gukura izina rye ku rutonde rw’abantu bafatiwe ibihano na Minisiteri y’Imari ya Amerika.
Kabila, wayoboye RDC kuva mu 2001 kugeza mu 2019, avuga ko ibihano yafatiwe muri Mata bishingiye ku birego bitigeze bitangirwa ibimenyetso. Washington imushinja gutera inkunga no gushyigikira mu bya politiki umutwe wa M23, uvugwaho gufashwa n’u Rwanda.
Kabila avuga ko Amerika itagaragaje amafaranga yaba yaratanze cyangwa inkunga ya politiki yaba yarahaye M23. Urukiko rwa gisirikare muri RDC rwamukatiye igihano cy’urupfu adahari, rumushinja ubugambanyi n’ibindi byaha bifitanye isano na M23.
Hagati aho, mu gihe imirwano ikomeje muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru, umwe mu bayobozi ba Wazalendo, Faustin Baraka NZangande, avuga ko kuba FARDC na Wazalendo bakomeje gutakaza ibirindiro biterwa ahanini n’uko Leta ya Kinshasa itabaha ibikoresho bihagije.

Discussion about this episode

User's avatar

Ready for more?