Umunyamulenge Enoch Ruberangabo arasaba abaturage bose bo muri Kivu y’Epfo, cyane cyane amoko ahatuye, gushyira imbere ubumwe n’ubwiyunge, mu gihe akarere gakomeje guhura n’ibibazo by’umutekano muke n’amakimbirane.
Ruberangabo ashimangira ko igihe kigeze ngo abaturage bahindure imyumvire, bashyire imbere inyungu rusange aho gushyira imbere ibyo bibatanya.
Yongeraho ko amahoro arambye muri Kivu y’Epfo azagerwaho gusa binyuze mu bufatanye, ibiganiro n’ubwubahane hagati y’amoko yose atuye muri aka karere.












