Abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe na Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Kongo, ari mu ihuriro C64 rirwanya umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga, bari i Bujumbura mu Burundi mu nama iteganyijwe gutangira kuri uyu wa mbere.
Biteganyijwe ko bazahura na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, usanzwe anayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.
Hagati aho, i Kolwezi, ubuyobozi bwabujije ihuriro C64 gukora urugendo rwari ruteganyijwe kuri uyu wa gatatu, rugamije gusaba Perezida Félix Tshisekedi kwegura. Abayobozi bavuga ko icyo cyemezo cyafashwe kubera impungenge z’ikwirakwira ry’indwara ya Ebola.











