Agasaro
Podcast
Amb. Édouard Bizimana: “Abo twasabye u Rwanda bazanyuzwa ku mupaka utazongera gufungwa”
0:00
-30:00

Amb. Édouard Bizimana: “Abo twasabye u Rwanda bazanyuzwa ku mupaka utazongera gufungwa”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi aravuga ko ibiganiro n’u Rwanda bikomeje, hagamijwe kuzahura umubano umaze igihe urimo agatotsi hagati y’ibihugu byombi.

Ambasaderi Édouard Bizimana yemeza ko u Burundi bwagaragaje ubushake kugira ngo impamvu zateye ifungwa ry’imipaka zikurweho, bityo umupaka ukongera gufungurwa.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Agasaro Kaburaga, Minisitiri Bizimana yagize ati:
Twasabye Leta y’u Rwanda kuduha abacyekwaho ibyaha kugira ngo baburanishwe. Abo twasabye bazanyuzwa ku mupaka, kandi ntuzongera gufungwa.”

Yavuze kandi ko u Burundi, kuri ubu buyoboye Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, bwiteguye gukoresha uwo mwanya mu gushyigikira ibiganiro by’amahoro bigamije guhagarika intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Discussion about this episode

User's avatar

Ready for more?