Murakaza neza mu kiganiro cya cumi cyihariye: “Abiyemeje Kuvuga Ukuri kuri Kudeta ya 1973.”
Mu kiganiro cy’uyu munsi, turakira umutangabuhamya, Colonel BEM Balthazar Ndengeyinka. Turaganira ku ruhare abasirikare bagize mu kwica abafunzwe nyuma ya kudeta yo muri 1973.
Aratanga amakuru ku biciwe i Rwabayanga, n’abiciwe kuri Nyamagumba, ndetse n’uruhare rwa Lieutenant Sinon Habyarimana, urwa Sergent Reyo, urwa Kapiteni Buseruka, n’abandi, aho avuga ko bahabwaga amabwiriza na État-Major.
Colonel BEM Ndengeyinka, wakoranye na Colonel Laurent Serubuga, wari wungirije umugaba mukuru w’ingabo, avuga ko amaze kubwirwa na Sergent Reyo ko yategetswe kwica abanyapolitiki, yahise abwira abanyeshuri yayoboraga muri ESO ko nta musirikare ugomba kwemera kubahiriza amabwiriza ahabwa n’umumukuriye igihe ayo mabwiriza adakurikije amategeko.
“Abasirikare bategetswe kwica abari muri Leta ya Perezida Kayibanda barabitubwiye”: Col.Ndengeyinka
Jun 28, 2026
Kudeta 1973
Urukurikirane rw’ibiganiro bwakorewe ubushakashatsi bwimbitse ku ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Grégoire Kayibanda ryabayemo ubwira y’i n’ingaruka za wo, nyuma y’imyaka 50.
Urukurikirane rw’ibiganiro bwakorewe ubushakashatsi bwimbitse ku ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Grégoire Kayibanda ryabayemo ubwira y’i n’ingaruka za wo, nyuma y’imyaka 50.Listen on
Substack App
RSS Feed
Appears in episode
Recent Episodes











